00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Zelensky ahamya ko Putin atinya Trump

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 4 January 2025 saa 10:54
Yasuwe :

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yatangaje ko Vladimir Putin w’u Burusiya atinya Donald Trump, bityo ko igitinyiro uyu Munyamerika afite gishobora kumufasha guhagarika intambara y’ibi bihugu mu gihe yazaba ayobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Mbere y’uko Trump atsinda amatora y’Umukuru w’Igihugu tariki ya 5 Ugushyingo 2024, yatangaje ko yiteguye guhagarika intambara ya Ukraine n’u Burusiya binyuze mu biganiro by’amahoro, kandi ngo ashobora kubigeraho mu masaha 24 gusa.

Perezida wa Ukraine yagaragaje ko mu byo akundira Trump harimo ko ari umunyapolitiki uhagarara ku ijambo rye, ushobora guhagarika iyi ntambara cyangwa agafasha igihugu cyabo kuyihagarika.

Ati “Trump ahagarara ku cyemezo yafashe. Ntekereza ko iki kintu ari ingenzi kuri twebwe. Ashobora kwiyemeza, agahagarika Putin cyangwa akadufasha guhagarika Putin.”

Zelensky yakomeje ati “Twiteze byinshi kuri Trump, ntekereza ko Putin amufitiye ubwoba, ntekereza ko ari umunyembaraga kandi ntushobora kumenya icyo atekereza. Nizera ko ashaka guhagarika intambara.”

Perezida wa Ukraine yagaragaje ko igihugu cyabo cyiteguye gushyikirana n’u Burusiya mu gihe cyakwemererwa kwinjira mu muryango NATO, kandi ubusugire n’ubwigenge bwacyo bukubahwa.

Perezida Zelensky yatangaje ko Putin atinya Donald Trump witegura kuyobora Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .