Perezida Lula yanenze uburyo Trump akoresha imbuga nkoranyambaga mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ‘g1’ muri iki cyumweru.
Ati “Muri iyi Si y’ibibazo, dufite Perezida w’igihugu cy’igihangange nka Amerika, ugomba kwitondera amagambo ye, kwitondera ibyo avuga, ndetse ukwiriye kumara umwanya muto kuri internet, uminini akawumara ayoboye igihugu, atekereza ibijyanye no koroherezanya mu bucuruzi, gukorana kw’ibihugu, kandi akita cyane ku mahoro.”
Perezida Lula akunze kwibasirwa Trump badacana uwaka. Muri Gashyantare yari yamubwiye ko yatowe kugira ngo ayobore igihugu cye, atatorewe kuyobora Isi.
Trump ni umwe mu bakuru b’ibihugu ku Isi bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga. Imibare igaragaza ko kuva yajya ku butegetsi ku rubuga rwe rwa ‘Truth Social’ amaze gutambutsaho ubutumwa 2100, ibivuze ko nibura buri munsi yandika ubutumwa 17.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!