00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida wa Brésil yasabye Trump kwita ku kazi ke, aho guhora ku mbuga nkoranyambaga

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 June 2025 saa 05:17
Yasuwe :

Perezida wa Brésil, Luiz Inacio Lula da Silva yavuze ko mugenzi we wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump akwiriye kwita ku kazi ke, aho guhora ku mbuga nkoranyambaga.

Perezida Lula yanenze uburyo Trump akoresha imbuga nkoranyambaga mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru ‘g1’ muri iki cyumweru.

Ati “Muri iyi Si y’ibibazo, dufite Perezida w’igihugu cy’igihangange nka Amerika, ugomba kwitondera amagambo ye, kwitondera ibyo avuga, ndetse ukwiriye kumara umwanya muto kuri internet, uminini akawumara ayoboye igihugu, atekereza ibijyanye no koroherezanya mu bucuruzi, gukorana kw’ibihugu, kandi akita cyane ku mahoro.”

Perezida Lula akunze kwibasirwa Trump badacana uwaka. Muri Gashyantare yari yamubwiye ko yatowe kugira ngo ayobore igihugu cye, atatorewe kuyobora Isi.

Trump ni umwe mu bakuru b’ibihugu ku Isi bakoresha cyane imbuga nkoranyambaga. Imibare igaragaza ko kuva yajya ku butegetsi ku rubuga rwe rwa ‘Truth Social’ amaze gutambutsaho ubutumwa 2100, ibivuze ko nibura buri munsi yandika ubutumwa 17.

Perezida Lula wa Brésil yasabye Trump kwita ku kazi ke, aho guhora ku mbuga nkoranyambaga

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .