00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Trump ntaravirira Greenland

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 March 2025 saa 05:51
Yasuwe :

Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, yongeye gutangaza ko ashikamye ku cyemezo cyo kwigarurira ikirwa cya Greenland, kiri hagati y’inyanja ya Arctic na Atlantic.

Muri Mutarama 2025, nibwo Trump yatangaje ko agomba kwigarurira Greenland kuko ari ingenzi kuri Amerika ku mpamvu z’umutekano w’iki gihugu.

Yavuze ko atiteze gukura ingabo za Amerika zimaze igihe muri Greenland kuko yazifashisha mu kwegukana aho hantu cyangwa hagakoreshwa ubundi buryo nko kuhagura. Iki kirwa gisanzwe kigenzurwa na Denmark idakozwa iki gitekerezo cya Trump.

Ku wa Gatatu tariki 26 Werurwe 2025, Trump yongeye gushimangira uyu mugambi we, avuga ko “dukeneye Greenland ku bw’ituze n’umutekano. Turayikeneye, kandi tugomba kuyibona. Tuzayigarurira.”

Yakomeje avuga ko “Tugomba kubona buriya butaka kuko bidashoboka gucunga neza umutekano w’igice kinini cy’Isi, ntabwo ari Amerika gusa, utabufite.”

Trump atangaje ibi mu gihe biteganyijwe ko Visi Perezida wa Amerika, JD Vance agomba kugirira uruzinduko kuri iki kirwa.

Kugeza ubu Abayobozi ba Greenland ntibakozwa ibyo komekwa kuri Amerika, ahubwo benshi bashyigikiye ko babona ubwigenge bwuzuye, bakava no mu biganza bya Denmark.

Abaturage bo muri Greenland ntabwo bashaka komekwa kuri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .