00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Trump na Kim Kardashian mu batumiwe mu bukwe bwa Jeff Bezos

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 24 March 2025 saa 02:27
Yasuwe :

Hamenyekanye igihe umuherwe Jeff Bezos n’umukunzi we Lauren Sanchez bazakorera ubukwe, aho mu bamenyekanye babutumiwemo harimo ibikomerezwa birimo Perezida Donald Trump, Leonardo DiCaprio na Kim Kardashian.

Umunyemari Jeff Bezos washinze ikigo cya Amazon, ageze kure imyeteguro y’ubukwe bwe n’umugore wa kabiri ari we Lauren Sanchez wahoze ari umunyamakuru wa Fox News.

Nyuma y’igihe hari ibihuha ku gihe ubukwe bwabo buzabera, ubu hamaze kumenyekana igihe nyacyo buzabera n’igihugu buzaberamo.

Nk’uko Radar Online yabitangaje, ngo amakuru yizewe ni uko ubukwe bwa Jeff Bezos na Lauren Sanchez buzaba muri Kamena uyu mwaka, aho buzabera mu gace ka Venice mu Butaliyani mu bwato bunini bw’uyu muherwe yise ‘Koru’.

Mu byamamare bizwi mu myidagaduro byatumiwe muri ubu bukwe harimo umunyamideli Kim Kardashian, icyamamare muri sinema Leonardo DiCaprio, Katy Perry, Jamie Foxx n’abandi.

Ni mu gihe muri Kanama 2023 ubwo Bezos yakoraga ibirori byo kwizihiza ko yambitse Lauren impeta y’urukundo, byitabiriwe n’abarimo Bill Gates, Arin Emmanuel n’abo bivugwa ko bazataha ubu bukwe.

Jeff Bezos agiye gukora ubukwe na Lauren Sanchez bamaranye imyaka itandatu bakundana. By’umwihariko bombi bazaba bagiye gushaka ku nshuro ya kabiri kuko mbere buri wese yari afite uwo bari barashakanye.

Jeff Bezos n’umukunzi we Lauren Sanchez bazakorera ubukwe mu Butaliyani

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .