00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Putin yahaye abimukira badafite ibyangombwa igihe ntarengwa cyo kuba mu Burusiya

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 31 December 2024 saa 03:25
Yasuwe :

Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin, yasabye abimukira badafite ibyangombwa ko babishaka bitarenze tariki ya 30 Mata 2025, babibura bakirukanwa muri iki gihugu.

Ni itegeko Perezida Putin yasinye ku wa 30 Ukuboza, rishimangira amabwiriza na politiki y’abinjira n’abasohoka mu Burusiya yashyizweho muri Werurwe 2024.

Iri tegeko rigira riti “Abanyamahanga ndetse n’abadafite ubwenegihugu mu Burusiya basabwa kuva mu Burusiya cyangwa bagashaka ibyangombwa kuva ku ya 1 Mutarama kugeza ku ya 30 Mata 2025.”

Izi ngamba zikurikira igitero cy’iterabwoba cyagabwe kuri Crocus City Hall mu ntara ya Moscow, cyahitanye abantu 145, abandi bagera kuri 500 barakomereka. Abashinzwe iperereza bagaragaje ko abakomoka muri Tajikistan ari bo bakigabye.

Ibi byatumye Perezida Putin asaba ko hasubirwamo politiki y’abinjira n’abasohoka, agaragaza ko abimukira badafite ibyangombwa batazihanganirwa mu Burusiya.

Perezida Putin yavuze ko abimukira badafite ibyangombwa badakwiye kwihanganirwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .