00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Macron yijeje gukuba kabiri ingengo y’imari ishyirwa mu gisirikare cy’u Bufaransa

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 4 February 2025 saa 10:28
Yasuwe :

Perezida Emmanuel Macron, yatangaje ko u Bufaransa bugiye gukuba kabiri ingengo y’imari ishyirwa mu gisirikare cy’iki gihugu, ndetse anakangurira ibindi bihugu bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU) kongera amafaranga bishora muri uru rwego rw’umutekano.

Ibi yabivuze ubwo yaganiraga n’itangazamakuru i Bruxelles ahabereye inama y’abayobozi b’ibihugu bigize EU.

Macron yavuze ko EU ikeneye gukomera bihagije ku buryo iticara iteze amaboko ku mahanga.

Ati “U Bufaransa bugiye gukuba kabiri ingengo y’imari bwakoreshaga mu gisirikare ndetse dushyireho n’indi mishinga”.

Kugeza ubu Minisiteri y’Ingabo mu Bufaransa ifite ingengo y’imari ya Miliyari 50,5 z’Amayero. Ni amafaranga yiyongereyeho miliyari 3,3 z’Amayero ugereranyije n’umwaka ushize.

Macron atangaje ibi nyuma y’uko Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, aherutse kuvuga ko Amerika izahagarika amafaranga ishyira mu Muryango wo gutabarana NATO, igihe ibihugu by’i Burayi byaba bitongereye ingano y’umusanzu wabyo.

Umunyamabanga mukuru wa NATO, Mark Rutte, wari muri iyi nama yabereye i Bruxelles yashimye iki gitekerezo cyo kongera amafaranga ashyirwa mu bya gisirikare.

Perezida Macron yashishikarije ibindi bihugu kongera amafaranga bishora mu gisirikare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .