00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Macron yahuye na François Bayrou uhabwa amahirwe yo kuba Minisitiri w’Intebe

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 13 December 2024 saa 01:30
Yasuwe :

Perezida Emmanuel Macron w’u Bufaransa yakiriye ku biro bye François Bayrou uri mu bahabwa amahirwe yo gusimbura Michel Barnier ku mwanya wa Minisitiri w’Intebe.

Perezida Macron na Bayrou bahuye mu gitondo cyo kuri uyu wa 13 Ukuboza 2024, mu gihe bivugwa ko uyu munsi ari bwo hamenyekana Minisitiri w’Intebe mushya w’u Bufaransa.

Bayrou washinze ishyaka Mouvement Democrate, yabaye Minisitiri w’Uburezi w’u Bufaransa kuva mu 1993 kugeza mu 1997, aba na Minisitiri w’Ubutabera mu 2017.

Ibinyamakuru byo mu Bufaransa bimushyira ku rutonde rwa batanu bafite amahirwe yo gusimbura Barnier uherutse gutakarizwa icyizere, bitewe n’ubunararibonye afite muri politiki y’iki gihugu.

Abandi bahabwa amahirwe barimo Visi Perezida w’Umutwe w’Abadepite, Roland Lescure, Bernard Cazeneuve wabaye Minisitiri w’Intebe kuva mu 2016 kugeza mu 2017, Minisitiri w’Ingabo Sebastien Lecornu na Minisitiri w’Umutekano, Bruno Retailleau.

François Bayrou ni umwe mu bahabwa amahirwe menshi yo gusimbura Michel Barnier ku mwanya wa Minisitiri w'Intebe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .