00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Perezida Macron ari ku gitutu cyo gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya

Yanditswe na IGIHE
Kuya 9 December 2024 saa 06:14
Yasuwe :

Perezida w’u Bufaransa, Emmanuel Macron, akomeje kujya ku gitutu cyo gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya ugomba gusimbura Michel Barnier, nyuma y’uko guverinoma yari ayoboye itakarijwe icyizere.

Perezida Macron yagiranye ibiganiro n’abayobozi b’amashyaka atandukanye kugira ngo bajye inama ku bijyanye na Minisitiri w’Intebe mushya ugomba kujyaho vuba cyane, nk’uko byatangaje na Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko, Yaël Braun-Pivet.

Nyuma y’uko Inteko Ishinga Amategeko itakarije icyizere Michel Barnier, igitutu cyakomeje kwiyongera kuri Macron kugira ngo yegure, cyangwa ategure amatora mbere y’igihe, gusa uyu mugabo yarahakanye, avuga ko afite intego yo gukomeza inshingano ze kugera igihe manda ye irangiriye.

Minisitiri w’Intebe mushya agomba gushyiraho guverinoma nshya igomba guhita ifata ingamba zikomeye, zirimo cyane cyane kwemeza ingengo y’imari.

Perezida Macron ari ku gitutu cyo gushyiraho Minisitiri w’Intebe mushya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .