00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Francis yatangiye gutora agatege

Yanditswe na IGIHE
Kuya 8 March 2025 saa 10:18
Yasuwe :

Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis umaze hafi ibyumweru bitatu ari mu bitaro kubera indwara z’ibihaha n’ubuhumekero, ubu yatangiye gutora agatege nyuma yo kwitabwaho n’abaganga mu buryo budasanzwe.

Vatican yatangaje ko Papa Francis wasanzwemo indwara za ‘pneumonie’ na ‘bronchite’ mu minsi mike ishize yatangiye gutora agatege iti “Ibyo bigaragaza ko ari kwitabwaho ndetse byakomeje kugaragaza impinduka.”

Papa Francis w’imyaka 88 ku wa 08 Werurwe 2025 yasengeye ku Bitaro bya Gemelli Hospital, biherereye i Roma ari na ho ari kuvurirwa.

Kuva yakwinjira mu bitaro ntabwo arongera kugaragara mu ruhame. Ni bwo bwa mbere yamara igihe kirekire adahura n’abakirisitu kuva mu myaka 12 ishize ari mu nshingano.

Ku wa 14 Gashyantare 2025 ni bwo yajyanywe mu bitaro nyuma yo kugaragaza ibimenyetso byo guhumeka bigoranye aho bwa mbere yatangiye kuvurwa ‘bronchite’ nyuma aza gusangwamo ‘pneumonie’ yafashe ibihaha byombi. Ibihaha bye byakunze kuzahara kuko akiri umwana na na bwo kimwe cyigeze kurwara bagikataho igice.

Abashinzwe kumwitaho bagaragaza ko gukira bishobora kuzagenda gake bijyanye n’uko ageze mu za bukuru hatibagiranye iby’uko yakunze kuzahazwa n’indwara.

Papa Francis yatangiye gutora agatege

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .