00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Papa Francis yanenze umugambi wa Donald Trump wo kwirukana abimukira

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 20 January 2025 saa 01:33
Yasuwe :

Umushumba wa Kiliziya Gatolika, Papa Francis, yanenze umugambi wa Donald Trump uteganya kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika guhera kuri uyu wa 20 Mutarama 2025, wo kwirukana abimukira benshi badafite ibyangombwa.

Papa Francis yatangarije mu kiganiro Che Tempo Che Fa gitambuka kuri televiziyo mu Butaliyani ko Trump nashyira mu bikorwa uyu mugambi, azaba akoze amahano kuko bizashyira abakene mu byago.

Yagize ati “Niba ari ibyo, bizaba ari amahano kubera ko imbabare z’abakene ni zo zizishyura ikiguzi. Ntacyo bizamara! Si bwo buryo bwo gukemura ibibazo.”

Mu 2016 ubwo Trump yiyamamarizaga kuyobora Amerika, na bwo Papa Francis yanenze umugambi yari afite wo kubaka urukuta rutandukanya Amerika na Mexique, agamije gukumira abimukira, avuga ko atari umugambi wa gikirisitu.

Kuri uyu wa 19 Mutarama 2025, Trump yatangarije Abanyamerika ko yiteguye kubatangariza impinduka nyinshi ku munsi atangirira kuyobora Amerika, abizeza gushimishwa na zo. Mu zitezwe harimo iyerekeye ku gukumira abimukira.

Donald Trump yateguje ko azirukana abimukira benshi badafite ibyangombwa, namara kujya ku butegetsi
Papa Francis yatangaje ko kwirukana abimukira badafite ibyangombwa bidakwiye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .