Ibi byagaragaye nyuma y’isuzuma ryimbitse ryamukorewe hifashishijwe CT scan, nyuma bisaba ko ahindurirwa imiti.
Ku wa 14 Gashyantare 2025 ni bwo Papa Francis yajyanwe mu bitaro, aho yari ari gukurikiranwa ku ndwara y’ibihaha izwi nka ‘bronchite’ nk’uko Vatican yari yabitangaje.
Ku wa 17 Gashyantare 2025 Vatican yongeye gutanga amakuru mashya ku buzima bw’uyu Mushumba w’imyaka 88, aho yavuze ko akomeje kuremba ndetse ko yasanzwemo ‘infection polymicrobienne’ ifata inzira y’ubuhumekero.
Papa Francis asanzwe afite uburwayi bwamuzahaje kuva akiri muto, yigeze kurwara ‘pleurésie’ bituma igice cy’igihaha cye cy’iburyo gikurwaho afite imyaka 21.
Uyu Mushumba wa Kiliziya Gatolika, amaranye igihe kinini ibibazo by’ubuzima bitandukanye byagiye bituma abagwa incuro nyinshi, birimo uburibwe mu mavi butuma agendera mu kagare n’ibindi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!