00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

OpenAI yakuriye Elon Musk inzira ku murima

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 February 2025 saa 11:31
Yasuwe :

Ubuyobozi bw’ikigo OpenAI bwakuriye inzira ku murima abashoramari bayobowe na Elon Musk bashakaga kukigura kuri miliyari 97,4 z’Amadolari ya Amerika, bubabwira ko kitagurishwa.

Mu minsi ishize Musk, umwe mu bashinze OpenAI, yavuze ko ashaka kugura OpenAI kuko ngo abona ko iri gutandukira ku mahame yayo yo kudaharanira inyungu no gukora ubushakashatsi ku ikoreshwa ry’ubwenge bukorano n’uburyo bwatezwa imbere bitabangamiye ikiremwamuntu.

Yavuze ko kuyigura byayikumira guhinduka ikigo cy’ubucuruzi gifite intego yo guharanira inyungu.

Mu butumwa bwa OpenAI bwanyujijwe kuri X, umuyobozi w’Inama y’Ubutegetsi yayo Bret Taylor, yavuze ko “OpenAI ntigurishwa, kandi inama y’ubutegetsi yatesheje agaciro icyifuzo cya Musk. Igihe cyose hazabaho impinduka muri OpenAI, zizakomera ku ntego yacu yo gukorera inyungu rusange kuri bose.”

Mu Ukuboza, OpenAI yari yatangaje gahunda yo kuvugurura imiterere yayo, igashyiraho ikigo kigamije inyungu, kugira ngo bibafashe kubona ubushobozi bw’amafaranga bwisumbuye.

Ikirego abanyamategeko ba Musk baregeye urukiko ku wa Gatatu w’iki cyumweru, kivuga ko mu gihe Inama y’Ubutegetsi ya OpenAI yaba yemeye gukomeza amahame yayo, uyu muherwe yahagarika ibyo kuyigura.

Gikomeza kivuga ko bidakozwe, umutungo wayo ugomba kugurwa hakurikijwe inzira zemewe n’amategeko, akaba ari ho ahera avuga ko yayigarurira.

Musk yavuze ko icyifuzo cye cyo kugura OpenAI ari ukugira ngo intego yatangiranye zigumeho.

Mu minsi ishize Musk, umwe mu bashinze OpenAI, yavuze ko ashaka kugura OpenAI

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .