Uyu mugabo yavuze ko u Bufaransa butera inkunga imitwe ikorera muri Nigeria irimo Boko Haram, n’indi ikorera muri Benin. Yavuze ko ibi bikorwa bigirwamo uruhare na Ahmed Abubakar Rufai wahoze ari Umuyobozi w’Urwego rw’Ubutasi muri Nigeria.
Nigeria yahakanye iby’ayo makuru, ishimangira ko ifitanye umubano mwiza n’u Bufaransa ariko bidafite aho bihuriye no gufatanya mu rwego rwo guteza umutekano muke ibindi bihugu.
Niger n’u Bufaransa byagiranye ibibazo bikomeye kuva muri Nyakanga 2023 ubwo Perezida Mohamed Bazoum yahirikwaga ku butegetsi. Umwuka mubi warushijeho kwiyongera ubwo ibihugu biri mu muryango w’ubukungu bya CEDEAO byatangazaga ko bishobora gukoresha imbaraga za gisirikare mu gusubizaho Bazoum.
Ibi byatumye umubano wa Niger n’ibindi bihugu biri muri CEDEAO, by’umwihariko bituma umubano wa Niger n’u Bufaransa urushaho kuba mubi.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!