00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Netanyahu yahaye umugisha umugambi wa Trump wo kwigarurira Gaza

Yanditswe na Léonidas Muhire
Kuya 17 February 2025 saa 05:09
Yasuwe :

Minisitiri w’Intebe wa Israël, Benjamin Netanyahu, yavuze ko ari gukorana na Perezida wa Amerika, Donald Trump, ngo hashyirwe mu bikorwa umugambi we wo kwigarurira Gaza ikimurwamo abayituye, ikaba agace kagenzurwa na Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Ibi Netanyahu yabitangarije i Yeruzalemu tariki 16 Gashyantare 2025, ubwo yaganiraga n’Umunyamabanga wa Leta zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, wari mu ruziduko muri icyo gihugu.

Ni nyuma y’uko Perezida Donald Trump atangaje ko Amerika ishaka gufata ubutaka bwa Gaza ikimura ababutuyeho bose bakajya mu bindi bihugu, noneho ikahatunganya neza kandi hakajya mu biganza byayo.

Icyo gitekerezo ariko cyahise cyamaganirwa kure n’abantu n’inzego zinyuranye aho nk’Umuryango w’Abibumbye watangaje ko uburyo ubwo ari bwo bwose bwo gufata agace ukakimuramo abantu ku ngufu bunyuranyije n’amategeko mpuzamahanga.

Bamwe mu badipolomate bo muri Amerika na bo ntibemeranya na Donald Trump kuri icyo cyifuzo kuko bavuga ko gitangaje, gusa bakabona nibura kigaragagara nk’uburyo bushya bwo gushaka umuti w’amakimbirane utandukanye n’ibimaze igihe ntacyo bitanga.

Netanyahu yaganiriye na Rubio kuri icyo cyifuzo cya Perezida Trump ndetse bemeranya ko Amerika na Israël biri mu murongo umwe wo gukemura ikibazo cya Gaza.

Netanyahu ariko yongeyeho ko Gaza izahura n’icyo yise ‘irembo rijya ikuzimu’ niramuka itarekuye imbohe zose za Israël ifite nk’uko babyemeranyije mu masezerano y’agahenge k’intambara amaze iminsi ashyirwa mu bikorwa n’impande zombi aho zahagaritse imirwano.

Minisiteri y’Ubuzima muri Gaza itaganza ko mu mezi 16 intambara hagati ya Israël na Hamas imaze, abagera ku 48.200 ku ruhande rwayo bamaze kuyigwamo.

Benjamin Netanyahu yashyigikiye umugambi wa Donald Trump wo kwigarurira Gaza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .