00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Musk yagaragaje icyatuma atagura OpenAI

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 13 February 2025 saa 01:22
Yasuwe :

Elon Musk waguze urubuga rwa X, akaba n’umwe mu bashinze OpenAI, yavuze ko ashaka kuyigura kuri miliyari 97.4 z’Amadorali ya Amerika, ariko ko iramutse igumye ku mahame yayo yo kudaharanira inyungu no gukora ubushakashatsi ku ikoreshwa ry’ubwenge bukorano n’uburyo bwatezwa imbere bitabangamiye ikiremwamuntu, yahagarika uyu mugambi.

Uyu mugabo ashinja iki kigo gutandukira, aho ubu ngo kiri guhindura imikorere icyerekeza ku kuba ikigo giharanira inyungu, bitandukanye n’uko byahoze.

Ikirego abanyamategeko ba Musk baregeye urukiko kuri uyu wa Gatatu, kivuga ko mu gihe Inama y’Ubutegetsi ya OpenAI yaba yemeye gukomeza amahame yayo, uyu muherwe yagararika ibyo kuyigura.

Gikomeza kivuga ko bidakozwe, umutungo wayo ugomba kugurwa hakurikijwe inzira zemewe n’amategeko, akaba ari ho ahera avuga ko yayigarurira.

Musk yavuze ko icyifuzo cye cyo kugura OpenAI ari ukugira ngo intego yatangiranye zigumeho.

Mu 2019 hashinzwe umuryango OpenAI LP, ushamikiye kuri OpenAI ugamije gushakira inkunga icyo kigo.

Sam Altman yavuze ko yaba Open AI cyangwa Open AI LP, nta na kimwe kiri ku isoko, ku rundi ruhande anavuga ko icyifuzo cya Musk gihabanye n’ikirego yatanze kuko niba ashaka kugura iyi sosiyete, nabyo byayihindura iy’ubucuruzi kandi atari yo mahame yayo.

Elon Musk yagaragaje icyakorwa ngo atagura OpenAI

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .