00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara yo muri Ukraine ishobora guhagarikwa mu byumweru bibiri

Yanditswe na IGIHE
Kuya 19 March 2025 saa 06:59
Yasuwe :

Intumwa yihariye ya Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, Steve Witkoff, yavuze ko mu byumweru bike biri imbere u Burusiya na Ukraine bizahagarika imirwano.

Iyi ntumwa kandi yavuze ko mu gihe u Burusiya bwakwemera ayo masezerano bushobora gukurirwaho cyangwa bukoroherezwa ibihano bwashyiriweho na Amerika.

Agaruka ku kiganiro Trump yagiranye na mugenzi we w’u Burusiya, Vladimir Putin, Witkoff yavuze ko cyari ingirakamaro cyane ndetse cyitezweho guhindura byinshi.

Yashimangiye ko abo bakuru b’ibihugu byombi bemeranyije ibijyanye no kugaba ibitero ku bikorwaremezo by’ingufu, haba ku Burusiya na Ukraine cyangwa iby’abaturage, bemeranya ko kandi hahagarikwa ibitero ku mato yo Nyanja y’Umukara.

Ati “Ndizera ko mu byumweru bike tugiye kubona agahenge.”

Uyu mugabo yakomeje avuga ko iyo ntambwe ari yo izavamo n’ibyo guhagarika intambara bya burundu, ndetse yemeza ko ku wa 18 Werurwe 2025 ibintu byatanze icyizere kurusha “mu myaka itatu n’igice ishize, kuko ubu hari kubakwa icyizere hagati y’ibihugu byombi.”

Perezida Trump na Perezida Putin kandi baganiriye ku bijyanye no guhagarika intambara bya burundu, ndetse Ibiro by’Umukuru w’Igihugu muri Amerika byatangaje ko abagize amatsinda mu bya tekiniki ku ruhande rwa Amerika n’u Burusiya biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha bazahirira muri Arabie Saoudite.

Mu byumweru bike biri imbere intambara ya Ukraine ishobora kuba ihagaze by'agateganyo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .