00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Jean-Marie Le Pen washinze ishyaka ’Rassemblement National’ mu Bufaransa, yapfuye

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 7 January 2025 saa 03:48
Yasuwe :

Umunyapolitiki wari mu kiruhuko ufatwa nk’uwatangije politiki y’ubuhezanguni mu Bufaransa, Jean Marie Le Pen, yapfuye afite imyaka 96 y’amavuko.

Umuryango we watangarije ibiro ntaramakuru AFP by’Abafaransa ko yapfiriye mu gace ka Garches muri Hauts-de-Seine kuri uyu wa 7 Mutarama 2025.

Uyu muryango wagize uti “Jean-Marie Le Pen, akikijwe n’umuryango we, yitabye Imana kuri uyu wa Kabiri saa sita.”

Le Pen yashinze ishyaka RN (Rassemblement National) mu Ukwakira 1972, arihagararira mu matora y’Umukuru w’Igihugu inshuro eshanu, ariko atsindwa.

Ubuzima bwe bwa politiki bwaranzwe no kutavugwaho rumwe, aho yagiye arangwa n’ivanguramoko, ivangura rishingiye ku gitsina, ndetse ni umwe mu bahakanye jenoside yakorewe Abayahudi; ibyatumye akurikiranwa n’ubutabera.

Byageze aho Abafaransa benshi banga Le Pen, bamwita “Umubisha wa Repubulika” y’u Bufaransa kubera politiki y’ubuhezanguni.

Umukobwa we, Marine Le Pen, ni umwe mu Bafaransa banenze imyitwarire y’umubyeyi we, amwirukana muri RN mu 2015. Gusa na Marine ashinjwa ubuhezanguni, cyane iyo bigeze muri politiki yo kwakira abimukira.

Jean-Marie Le Pen yapfuye kuri uyu wa Kabiri
Marine Le Pen yakuye umubyeyi we mu ishyaka RN bitewe n'urwango yari afitiwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .