00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Minisitiri Rubio yahishuye intandaro y’uburakari Trump afitiye Zelensky

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 21 February 2025 saa 03:57
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Marco Rubio, yatangaje ko Perezida Donald Trump yarakariye Volodymyr Zelensky wa Ukraine bapfa amabuye y’agaciro.

Mu kiganiro n’umunyamakuru Catherine Herridge wa CBS News kuri uyu wa 20 Gashyantare 2025, Minisitiri Rubio yagize ati “Perezida Trump yarakariye cyane Perezida Zelensky.”

Uyu muyobozi yasobanuye ko uburakari bwatewe n’uko Zelensky yanze icyifuzo cy’abayobozi bo muri Amerika bashakaga ko Abanyamerika bagira uruhare mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro muri Ukraine.

Nk’uko yakomeje abisobanura, Abanyamerika babwiye Zelensky bati “Turashaka kwifatanya namwe, si ugushaka kwiba igihugu cyanyu ahubwo ni uko dutekereza ko byatuma mwizera umutekano.”

Yavuze kandi ko abayobozi bo muri Amerika banashakaga kwifashisha ubu bufatanye mu kugaruza amwe mu bafaranga igihugu cyabo cyahaye Ukraine kugira ngo ihangane n’u Burusiya.

Mu kiganiro n’aba Banyamerika, ngo Zelensky yari yemeye aya masezerano, ariko bikabanza kwemezwa n’Inteko Ishinga Amategeko, gusa ngo nyuma y’iminsi ibiri yumvikanye avuga ko yabyanze.

Mu kugaragaza uburakari afitiye Zelensky nyuma yo kwanga aya masezerano, Trump yamwise umunyagitutu udashaka ko habaho amatora, wananiwe kumvikana n’u Burusiya kandi wakoresheje nabi inkunga Ukraine yahawe na Amerika.

Donald Trump amaze iminsi yibasira Zelensky wa Ukraine
Minisitiri Rubio yatangaje ko Zelensky yanze kugirana n'Abanyamerika amasezerano y'ubufatanye mu gucukura amabuye y'agaciro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .