00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Michelle yagaragaje inkomoko ya gatanya ivugwa hagati ye na Barack Obama

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 10 April 2025 saa 02:48
Yasuwe :

Mu gihe hashize iminsi bivugwa ko Michelle Obama na Barack Obama baba bagiye guhana gatanya, uyu mugore yagaragaje aho byaturutse n’uruhare yabigizemo.

Amakuru y’umwuka mubi hagati ya Barack Obama wabaye Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, n’umugore we, Michelle Obama, yatangiye kuvugwa cyane muri Mutarama.

Gusa byafashe intera ubwo Barack Obama yakunze kugaragara wenyine mu bikorwa bitandukanye birimo nko gushyingura Jimmy Carter wahoze ari Perezida, ndetse no mu irahira rya Perezida Donald Trump. Ntabwo Michelle Obama yigeze yitabira ibi bikorwa byombi, ndetse byaje kumenyekana ko yari ari mu biruhuko muri Hawaii.

Ibi byose byatije umurindi amakuru y’uko batabanye neza kandi ko bari mu nzira yo guhana gatanya.

Mu kiganiro ‘Work in Progress Podcast’ cy’umukinnyi wa filime Sophia Bush, niho Michelle Obama yavuye imuzi aho gatanya ivugwa mu rugo rwe yakomotse.

Yavuze ko kuba atagikunze kwigaragaza biri mu byatumye ibi bivugwa.

Ati “Mbere ntabwo nafataga imyanzuro nk’iyo mfata ubu, mbere sinakoraga ibyanjye gusa kuko nabaga mpugiye mu buzima bw’abana bacu none ubu nsigaye narabaretse ngo bigenge. Kuva ibyo byarangira ubu nanjye nsigaye mbasha gukora ibyanjye.”

Ati “Nsigaye ngendera ku ndangaminsi yanjye gusa. Nahisemo gukora ibimfitiye umumaro aho gukora ibyo abandi bashaka ko nkora cyangwa biteze ko nkora”.

Yakomeje agaragaza ko kuba atakiboneka mu ruhame na Barack Obama biri mu byatumye havugwa ko bagiye gutandukana.

Ati “Ntekereza ko nk’abagore bitugora gukora ibyacu gusa, nk’ubu uyu mwaka nahisemo gukora ibyanjye gusa ariko abantu ntibabyumva kugeza ubwo bavuga ko ngiye guhana gatanya n’umugabo wanjye”.

Michelle yirinze kuvuga byinshi kuri iyi ngingo, gusa agaragaza ko kuba atagikunze kugaragara ari kumwe na Barack, abantu babifashe nk’aho bafitanye ibibazo byaba bigiye gutuma batandukana.

Michelle Obama yavuze ko kuba atagikunze kugaragara ari kumwe na Barack Obama, byabaye intandaro y’ibihuha bivuga ko bagiye guhana gatanya

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .