00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Medvedev wayoboye u Burusiya yashinje Biden gushaka kurimbura Isi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 14 February 2025 saa 11:31
Yasuwe :

Dmitry Medvedev wigeze kuyobora u Burusiya yatangaje ko ubutegetsi bwa Donald Trump bwaje bukenewe kuko imitegekere n’ibikorwa bya Joe Biden byari bigejeje Isi hafi y’iherezo ryayo.

Medvedev ubu usigaye ari umuyobozi wungurije w’Inama Nkuru y’Umutekano mu Burusiya yatangaje ko ibiganiro Perezida Trump yagiranye na Putin byari bikenewe mu nzira yo guhosha intambara yo muri Ukraine.

Yatangaje ko Amerika ikwiye kuganira n’u Burusiya ku ntambara muri Ukraine aho gukomeza kuyenyegeza.

Medvedev abinyujije ku mbuga nkoranyambaga yanditse ko Amerika yigize umutegetsi w’Isi ku buryo yari ishatse guhangana n’u Burusiya, ibyatumye “Isi yari igiye kugera mu bihe by’imperuka.”

Uyu muyobozi yavuze ko ku ngoma ya Biden ari bwo habayeho gukanga no gushaka gutesha agaciro u Burusiya nyamara ari ikosa rikomeye ryari gutuma ikiremwamuntu gishira ku Isi.

Medvedev yashimangiye ko ubutegetsi bwa Amerika bugomba kumenya ko nta muntu wapfukamisha u Burusiya ndetse mu gihe byakomeza uko umwuka uzakomeza kuba mubi, kugeza bibyaye urupfu.

Ku wa 12 Gashyantare 2025, Perezida Trump na Putin baganiriye kuri telefone bemeranya ko hazabaho ibiganiro bigamije guhosha intambara muri Ukraine. Bwari bubaye ubwa mbere abayobozi b’ibihugu byombi baganira kuva intambara yatangira mu 2022.

Ku butegetsi bwa Joe Biden, Amerika igaragaza ko yahaye Ukraine inkunga ya miliyari 200$ igamije gutera inkunga intambara harimo ibisasu n’imyitozo byahawe abasirikare.

Medvedev yavuze ko ibikorwa bya Biden byari bigiye kugeza Isi ku iherezo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .