Amashusho yashyizwe hanze yerekana Perezida w’icyo gihugu, Kim Jong-un, agenzura ubwo bwato bw’intambara, bwongeye kwerekana ko Koreya ya Ruguru iri gutera imbere mu bijyanye n’ikoranabuhanga ryo gukora intwaro zigezweho.
Ubusanzwe iki gihugu cyabarirwaga gutunga ’submarine’ ziri hagati ya 70 na 90, ariko nyinshi muri zo ntizifite ubushobozi bwo kuba zakoreshwa mu rugamba urwo ari rwo rwose, kuko zishaje cyane.
Iyi submarine nshya ikoresha ingufu za nucléaire, bivugwa ko ifite n’ubushobozi bwo kurasa ibisasu 10 by’ubumara kandi ikabikora iri munsi y’amazi, bitabaye ngombwa ko izamuka.
Koreya ya Ruguru yari imaze igihe kinini irwana no kugira izi submarines, benshi bagakeka ko u Burusiya bwagize uruhare rufatika mu gufasha iki gihugu gutunga izi ntwaro ziri mu zigezweho ku Isi.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!