Iki cyunamo cya Papa Francis kizatangira ku wa Gatandatu tariki 26 Mata, nyuma yo kumushyingura.
Muri iki gihe cy’icyunamo muri Bazilika yitiriwe Mutagatifu Petero i Vatican hazajya habera Misa n’ibikorwa biri mu murongo wo kuzirikana Papa Francis. Bizarangira ku wa 4 Gicurasi.
Biteganyijwe kandi ko iyi minsi icyenda y’icyunamo izubahirizwa no mu zindi kiliziya zo hirya no hino ku Isi.
Mu gihe habura amasaha make ngo Papa Francis ashyingurwe, ibikorwa byo kumusezeraho birakomeje, aho bimaze kwitabirwa n’abarenga ibihumbi 20.
Biteganyijwe ko umuhango wo kumushyingura uzaba ku wa Gatandatu tariki 26 Mata 2025.


TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!