00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yavuze ko izubura imirwano Hamas nitarekura imbohe zose

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 12 February 2025 saa 08:10
Yasuwe :

Minisitiri w’intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu, yatangaje ko mu gihe umutwe wa Hamas uzaba utarekuye abantu wafashe bugwate bitarenze ku wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025, iby’agahenge kamaze iminsi mike bizashyirwa ku ruhande intambara ikongera kurota.

Netanyahu yavuze ko nibigera saa Yine z’igitondo abantu bose Hamas yafashe bugwate itarabarekura ingabo za Israel zizaba ziteguye kugaba ibitero kuri uyu mutwe.

BBC yanditse ko Netanyahu yategetse ingabo za Israel kwikusanyiriza imbere muri Gaza no hanze yaho mu rwego rwo kwitegura umutwe wa Hamas.

Byari biteganyijwe ko Hamas izarekura abanya-Israel batatu kuri uyu wa 15 Gashyantare 2025, ariko Minisitiri w’Intebe Netanyahu yavuze ko abantu bose bafashwe bugwate bagomba kurekurwa.

Hamas yo ivuga ko yiteguye gukomeza kubahiriza amasezerano y’agahenge, igashinja Leta ya Israel uruhare rwatumye irekurwa ry’abantu bayo ritinda.

Ibi abitangaje nyuma y’aho Hamas yari iherutse gutangaza ko yahagaritse ibyo kurekura abo yafashe bugwate, ishinja Israel ko yarenze ku masezerano y’ibyumweru bitatu yo guhagarika imirwano, ikanabangamira ibikorwa by’ubutabazi.

Iki cyemezo cyo kutarekura imbohe cyanatumye Perezida Trump asaba Israel gusesa amazeserano yo guhagarika imirwano yari yasinye.

Netanyahu yatangaje ko hashobora kongera kuba imirwano ikomeye Hamas nitarekura abantu bose yafashe bugwate

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .