Katz yavuze ko ingabo za Israel zizaguma mu Majyepfo ya Syria mu gihe kirekire.
Yagize ati “Ingabo za Israel ziteguye kuguma muri Syria igihe kirekire. Tuzakomeza kurinda umutekano ku umusozi wa Hermon ndetse no kumenya neza ko nta ngabo zisigaye mu mujyepfo ya Syria, gukuramo intwaro zose ndetse n’ibyateza ibyago byose.”
Times of Israel yatangaje ko Igisirikare cya Israel gifite ibirindiro icyenda muri iki gihugu kuva mu Ukuboza 2024.
Ubwo ubutegetsi bwa Bashir bwahirikwaga, Ingabo za Israel zahise zinjira mu gace kagenzurwaga n’Ingabo z’Umuryango w’Abibumbye, zikomereza no ku butaka bwa Syria.
Israel yari isanzwe igenzura 70% by’ubutaka bwa Golan bwahoze ari ubwa Syria, iza kubutakaza mu ntambara yahuje impande zombi mu 1967.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!