00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Israel yateguje ibitero simusiga kuri Hamas mu gihe yaba itohereje imbohe isigaranye

Yanditswe na IGIHE
Kuya 4 March 2025 saa 11:23
Yasuwe :

Guverinoma ya Israel yatangaje ko mu gihe imbohe zose zafashwe bugwate n’umutwe wa Hamas zizaba zitarekuwe vuba, izafunga amarembo ya Gaza ubundi ikahahindura mu kuzimu.

Tariki 3 Werurwe 2025, Minisitiri w’Intebe wa Israel, Benjamin Netanyahu yatangaje ko Hamas nitarekura imbohe z’abanya-Israel yafashe bugwate ingaruka zikomeye zizagera muri Gaza.

Ati “Ndabwira Hamas. Nimutarekura imbohe muzabona ingaruka zikomeye mutigeze mutekereza.”

Minisitiri w’Ingabo, Israel Katz na we yunzemo avuga ko Hamas nitarekura izi mbohe zisigaye Gaza izahinduka ukuzimu.

Ati “Amarembo ya Gaza azugarirwa, hafungurwe amarembo y’ikuzimu. Tuzasubukura intambara kandi bazahura n’ingabo zifite ingufu batigeze babona kugeza tugeze ku ntsinzi bidasubirwaho.”

France24 yanditse ko Netanyahu amaze iminsi yotswa igitutu n’abaturage ba Israel barimo n’abo mu miryango y’abashimuswe basaba ko abantu babo bagaruzwa ku neza no ku nabi.

Mu cyiciro cya mbere cy’amasezerano y’agahenge umutwe wa Hamas warekuye imbohe z’abanya-Israel 25 nzima n’imibiri umunani y’abapfuye, mu gihe Israel na yo yarekuye imfungwa 1800 z’abanya-Palestine.

Mu mbohe 251 zatwawe nyuma y’igitero Hamas yagabwe muri Israel ku wa 7 Ukwakira 2023, 58 ziracyari muri Gaza harimo 34 Israel yamaze kwemeza ko zapfuye.

Israel yavuze ko Hamas niyanga kurekura imbohe isigaranye Gaza izahinduka ukuzimu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .