Abantu umunani mu baraye bishwe, biciwe mu Majyaruguru ya Gaza, agace kari mu twa nyuma abarwanyi ba Hamas basigaranyemo ibirindiro, dore ko ibitero bya Israel byabaciye intege mu buryo bufatika.
Hagati aho, ibitaro biri gutaka kubura mazutu yo kubifasha gucana kugira ngo bikomeze ibikorwa byabyo, ibishobora gutuma ibitaro bitatu bifunga imiryango, amakuru akavuga ko birimo abana 15 bavutse batarageza igihe, ku buryo umuriro uramutse ubuze gato, ubuzima bwabo bwajya mu kaga.
Ikibazo cy’inzara nacyo gikomeje kuzahaza abatuye Gaza, cyane ko badafite ibiribwa bihagije ndetse n’ibibonetse, bikaba bidasaranganywa kuri bose nk’uko amakuru ya Al Jazeera abihamya.
Hamas imaze iminsi itangaza ko yifuza ibiganiro ndetse iherutse kwereka BBC Abanya-Israel yashimuse yifuza gusubiza icyo gihugu, ariko ibi bigatuma Israel yemera guhagarika iyi ntambara mu buryo bwuzuye.
Donald Trump ubura iminsi mike ngo yinjire muri White House nka Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, aherutse gutangaza ko mu gihe cyose Hamas itazatanga abaturage ba Israel yashimuse, umuriro uzakomeza kuyakaho mu buryo bukomeye, benshi babibona nko guca amarenga y’uko nagera ku butegetsi, azarushaho gushyigikira Israel mu ntambara irimo na Hamas.
Magingo aya, iyi ntambara imaze guhitana abarenga ibihumbi 45, abandi barenga ibihumbi 109 barakomeretse.
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!