00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yatangaje ko Amerika niyinjira mu ntambara bizaba ibyago kuri buri wese

Yanditswe na IGIHE
Kuya 21 June 2025 saa 02:22
Yasuwe :

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Iran, Abbas Araghchi, yatangaje ko badateze kujya mu biganiro na Amerika mu gihe Israel ikirasa ibisasu biremereye mu gihugu cyabo ndetse ngo Amerika iramutse yinjiye muri iyi ntambara byaba ibyago bikomeye kuri buri wese.

Abbas Araghchi yabigarutseho aganira n’abanyamakuru muri Istanbul aho yagiye mu biganiro n’Abaminisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’ibihugu bihuriye mu Bufatanye bw’Umuryango wa Kiyisilamu (OIC).

Ati “Ni ibintu byumvikana ko ntajya mu biganiro na Amerika mu gihe abaturage bacu bari gusukwaho ibisasu, bikozwe n’ubufasha bwa Amerika.”

Yavuze Amerika niyinjira muri iyi ntambara “bizaba bibi kuri buri wese” asaba ko ubushotoranyi bwa Israel buhagarara kugira ngo Iran isubire mu biganiro.

Abbas Araghchi yagiye Istanbul avuye i Geneve aho yagiye ku wa 20 Kamena, agirana ibiganiro na bagenzi be bo mu Bwongereza n’u Bufaransa barebera hamwe uko intambara barimo yarangira.

Intambara imaze iminsi icyenda kandi nta cyizere cyo guhagarara

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .