00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yashimangiye ko nta bwoba itewe n’igitutu cya Amerika

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 29 March 2025 saa 11:57
Yasuwe :

Iran yagaragaje ko idatewe ubwoba n’igitutu iri gushyiraho na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ishimangira ko yiteguye kwitabara mu gihe cyose yagabwaho ibitero n’icyo gihugu.

Umuyobozi w’Umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), Ishami rirwanira mu mazi, Rear Admiral Alireza Tangsiri, yavuze ko Iran idateze guterwa ubwoba na Amerika, nyuma y’uko Perezida Trump aherutse koherereza Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ali Hosseini Khamenei, ibaruwa yavuze ko yari yuzuyemo ibikangisho bidafatika.

Tangsiri yavuze ko ibi Trump ari gukora ntacyo bizageraho, ati "Sinzi ibikubiye mu butumwa bwa Trump, kandi ntabwo mbyitayeho.Numva ibikangisho bye, nkareba ibyo akora, ubundi nkitegura guhangana nawe. Dufite ubushobozi bwo kurasa ku birindiro by’umwanzi aho ari hose. Nta muntu waturasaho ngo birangirire aho. Nubwo byadusaba kubasanga mu Kigobe cya Mexique."

Uyu muyobozi kandi yavuze ko Iran ititeguye kuganira na Amerika ku bijyanye n’intwaro itunze cyangwa se ubufatanye bwayo n’indi mitwe irimo Hezbollah na Houthis. Yashimangiye ko Iran yifuza amahoro, gusa yibutsa ko ifite ubushobozi bwo kwirwanaho mu gihe byaba ngombwa.

Umuyobozi w'Umutwe wa Islamic Revolutionary Guard Corps (IRGC), Ishami rirwanira mu mazi, Rear Admiral Alireza Tangsiri, yavuze ko Iran idateze guterwa ubwoba na Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .