00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yamaganye ibiganiro na Amerika

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 8 March 2025 saa 09:40
Yasuwe :

Umuyobozi w’Ikirenga wa Iran, Ayatollah Ali Khamenei, yatangaje ko icyo gihugu kidashobora kwemera kugirana ibiganiro na Leta Zunze Ubumwe za Amerika bitewe n’uko icyo gihugu cyahinduye ibyo cyasabaga, kikongeramo ibyo yise amananiza.

Mu ntangiriro z’iki cyumweru, Perezida Trump yandikiye Ayatollah Ali Khamenei ibaruwa isaba Iran kugaruka ku meza y’ibiganiro bigamije gukumira icyo gihugu gukora intwaro za nucléaire. Ni nyuma y’uko uyu muyobozi yongeye gushyiraho ibihano byari byarakuriweho Iran na Perezida Joe Biden.

Icyakora Ayatollah Ali Khamenei yavuze ko Iran idashobora kwemera ibi biganiro bitewe n’uko ibyo Amerika iri gusaba bigoye cyane kandi birimo amananiza, bityo ko batabyemera.

Uyu muyobozi yavuze ko Amerika iri gutegeka Iran abo igomba kuvugana nabo, uburyo igomba kwitwara mu ruhando mpuzamahanga, intwaro igomba gukora no kugura, ibikoresho igomba gukorera mu gihugu n’ingano yabyo, n’ibindi yise ibyerekana agasuzuguro.

Ati "Barashaka ko igihugu kitubaka ubushobozi bwo kwirinda kikanagabanya imibanire n’abandi. Baravuga ngo ’ntimukore ibi n’ibi, ntimuvugane n’uyu muntu, ntimukore iki gikoresho, misile yanyu ntirenge ubu bushobozi."

Iran yamaganye ibiganiro na Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .