00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Iran yakuyeho urujijo ku makuru y’iraswa ry’indege yari itwaye Perezida Raisi

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 May 2024 saa 12:29
Yasuwe :

Itsinda ry’inzobere mu iperereza ryashyize hanze raporo ku ihanurwa ry’indege yari itwaye Perezida wa Iran, Ebrahim Raisi, aho byavugwaga ko iyo ndege ishobora kuba yararashwe.

Impanuka y’iyo ndege yabaye ku Cyumweru mu Majyaruguru ashyira Uburengerazuba bwa Iran, ubwo Perezida Raisi n’abandi barimo Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga bari bavuye mu ruzinduko rw’akazi.

Perezida Raisi n’abandi bari mu ndege bose bahise bahasiga ubuzima.

Nyuma y’impanuka, hakwirakwijwe amakuru ko iyo ndege yaba yararashweho aho kuba impanuka isanzwe, ndetse ibihugu bimwe bitungwa agatoki dore ko Iran isanzwe itajya imbizi n’ibihugu byinshyi byo mu Burengerazuba bw’Isi.

Raporo y’inzobere zashyizweho na Iran, yerekanye ko ubwo indege ya Raisi yahanukaga, yari iri kugendera mu ntera isanzwe, ni ukuvuga mu muhanda yari yateganyirijwe kunyuramo.

Ntabwo icyatumye ihanuka cyo cyashyizwe hanze, icyakora inzobere zagaragaje ko nta kimenyetso cy’amasasu cyangwa indi ntwaro babonye cyaba cyaragize uruhare mu guhanuka kw’iyo ndege.

Bagaragaje ko ahubwo indege imaze kugwa, yahise ifatwa n’inkongi y’umuriro.

Raporo ivuga ko nta kintu kidasanzwe cyatuma bavuga ko habayeho izindi ngufu zaba zaratumye indege ihanurwa.

Indege yari itwaye Perezida Raisi yahanutse ku Cyumweru tarikii 19 Gicurasi 2024

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .