00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intumwa za Amerika n’iza Ukraine zatangiye ibiganiro biganisha ku mahoro

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 11 March 2025 saa 10:49
Yasuwe :

Mu mujyi wa Jeddah muri Arabie Saudite hatangiye ibiganiro bihuza intumwa za Leta Zunze Ubumwe za Amerika n’iza Ukraine, biganisha ku mahoro.

Ibi biganiro byatangiye mu masaa tanu y’amanywa kuri uyu wa 11 Werurwe 2025, nyuma y’igitero gikomeye cya drones Ukraine yagabye mu murwa mukuru w’u Burusiya, Moscow, cyishe batatu.

Amerika ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, n’umujyanama wa Perezida Donald Trump mu by’umutekano, Mike Waltz.

Ukraine yahagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Andriy Sybiha, Minisitiri w’Ingabo Rustem Umerov n’Umuyobozi w’ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Andriy Yermak.

Arabie Saudite nk’umuhuza, ihagarariwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Faisal bin Farhan n’umujyanama mu by’umutekano ku rwego rw’igihugu, Mosaad bin Mohammad al-Aiban.

Ibi biganiro byatangiye nyuma y’umwuka mubi watutumbye hagati ya Perezida Trump na Volodymyr Zelensky wa Ukraine, watumye Amerika ihagarika by’agateganyo inkunga yahaga igisirikare cya Ukraine.

Ubwo abitabiriye ibi biganiro basohokaga mu cyumba byabereyemo nyuma y’amasaha atatu, Waltz yabwiye itangazamakuru ko impande zombi ziri mu murongo mwiza, Yermak na we atangaza ko iki kiganiro “cyubakaga cyane”.

Intego nyamukuru y’ibi biganiro ni uguhagarika intambara u Burusiya bwashoje kuri Ukraine muri Gashyantare 2022, hifashishijwe inzira y’amahoro.

Intumwa eshatu zahagarariye Ukraine muri ibi biganiro
Amerika yahagarariwe n'intumwa ebyiri
Arabie Saudite yakiriye ibi biganiro, yahagarariwe n'abayobozi babiri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .