Perezida w’u Burusiya, Vladimir Putin aherutse kuvuga ko adateze kuganira na mugenzi we wa Ukraine Volodymyr Zelensky kuko yarengeje manda bityo atari umukuru w’igihugu wemewe n’amategeko.
Ukraine yo igaragaza ko ishaka kubanza kuva mu bihe by’intambara ikabona kwinjira mu matora.
Umuyobozi w’Inteko Ishinga Amategeko ya Ukraine, Ruslan Stefanchuk, abinyujije kuri Facebook yagize ati “Dukeneye amasasu ntabwo dukeneye amatora. Kwimakaza demokarasi uri kuraswa hejuru ntabwo ari demokarasi, ni imikino kandi uwayungukiramo ni u Burusiya.”
Uyu mugabo yavuze ko ashyigikiye Perezida Zelensky. Amategeko ya Ukraine ntiyemera ko habaho amatora mu bihe by’intambara.

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!