00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara y’ubucuruzi hagati ya Amerika n’u Bushinwa yafashe indi ntera

Yanditswe na Niyigena Radjabu
Kuya 8 April 2025 saa 01:28
Yasuwe :

Leta y’u Bushinwa yatangaje ko idateze gukuraho umusoro wa 34% yashyikiriyeho ibicuruzwa biva muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, nubwo Perezida Donald Trump yayiteye ubwoba.

U Bushinwa bwashyizeho uyu musoro mu cyumweru gishize, mu rwego rwo kwihimura kuri Perezida Trump na we wari wari washyiriyeho ibicuruzwa bituruka i Beijing undi musoro wa 34%.

Nk’uko bigaragara mu butumwa Trump yanyujije ku rubuga Truth Social, yasabye u Bushinwa gukuraho uyu musoro, bitaba ibyo na we agashyiraho undi wa 50% kuri uyu wa 8 Mata 2025.

Yagize ati “U Bushinwa nibudakuraho 34% yiyongera ku migirire mibi mu bukungu yaburanze igihe kirekire, tariki ya 8 Mata 2025, Amerika izabushyiriraho undi musoro wa 50% uzatangira gukurikizwa tariki ya 9 Mata.”

Minisiteri y’Ubucuruzi y’u Bushinwa yatangaje ko iki gihugu kizafata ingamba zihamye zo kurengera uburenganzira n’inyungu zacyo mu rwego rw’ubucuruzi.

Yagize iti “Ibikangisho bya Amerika byo kuzamurira u Bushinwa umusoro ni amakosa yayo kandi bigaragaza iterabwoba ryayo u Bushinwa butazemera. U Bushinwa buzarwana kugeza ku iherezo mu gihe Amerika yakomeza inzira y’ubuyobe.”

Urwego rwa Amerika rushinzwe ubucuruzi rugaragaza ko u Bushinwa bwohereje muri iki gihugu ibicuruzwa bifite agaciro ka miliyari 438,9 z’Amadolari ya Amerika mu 2024, byiyongereyeho 2,8% ugereranyije n’umwaka wabanje.

Donald Trump yateguje ko uyu munsi yongera umusoro ku bicuruzwa biva mu Bushinwa

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .