00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Intambara y’u Burusiya na Ukraine ishobora kurangira uyu mwaka

Yanditswe na IGIHE
Kuya 24 February 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Perezida wa Ukraine, Volodymyr Zelensky, yatangaje ko nta gihindutse, intambara imaze imyaka itatu hagati y’u Burusiya na Ukraine ishobora kurangira muri uyu mwaka.

Ni ikibazo yari abajijwe n’umunyamakuru wo muri Norvège, wamubazaga icyo ateganyiriza abaturage be nyuma y’iyi ntambara yazahaje ibintu byinshi.

Mu gusubiza Zelensky yagize ati “Twizeye ko dushobora kurangiza iyi ntambara muri uyu mwaka.”

Uyu muyobozi wavuze ko iyi myaka itatu iri mu bihe bibi igihugu cye cyagize, yongeye kwibutsa ko igihugu cye gikeneye icyizere gihagije ku mutekano wacyo, ko uzakomeza kurindwa no mu bihe biri imbere mu gihe Moscow yaba yongeye kugerageza kukigabaho ibindi bitero.

Yavuze ko gahunda bahora barangamiye yo kwinjira mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi ndetse n’Umuryango wo gutabarana wa OTAN nizishoboka, bizabafasha mu buryo butandukanye burimo no kubarindira umutekano.

Mu minsi ishize Zelensky yatangaje ko yakwemera no kuva ku buyobozi ariko Ukraine ikaba umunyamuryango wa OTAN.

Ubwo yari mu kiganiro n’itangazamakuru, Zelensky yagize ati “Niba kugira ngo haboneke amahoro ari uko mva ku buyobozi, nditeguye. Nakwemera kubugurana kuba Umunyamuryango wa OTAN niba ari byo bisabwa.”

Icyakora u Burusiya bwagaragaje ko mu biganiro bikomeje bigamije guhagarika intambara, butazemera iyo ngingo yo kwinjira muri iyo miryango, kuko byabangamira umutekano wabwo.

Intambara y'u Burusiya na Ukraine ishobora kurangira muri uyu mwaka

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .