00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Ukraine zirifuza ibiganiro n’u Burusiya

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 28 December 2024 saa 03:36
Yasuwe :

Nyuma y’imyaka hafi itatu y’intambara nta musaruro, Ingabo za Ukraine zavuye ku izima, zemera ko zinaniwe kandi ziri kurushaho gutsindwa, bityo icyaba cyiza ari uko ubuyobozi bwa Ukraine bwaganira n’ubuyobozi bw’u Burusiya ku buryo bwo kurangiza iyi ntambara.

Ikinyamakuru The Washington Post cyaganiriye n’abayobozi ndetse n’ingabo za Ukraine ziri ku rugamba, kugira ngo kimenye uburyo bahagaze muri iyi minsi cyane ko bari gutsindwa kurushaho.

Felix ni umwe mu batanze ikiganiro, wavuze ko ibyo kurota ko Ukraine izatsinda u Burusiya bitakiri inzozi, ati "Ntibyakomeza kugenda gutya, turi gusubira inyuma. Abarusiya bari kurushaho kudusatira, intsinzi twarotaga ni iyihe?"

Abandi bavuze ko u Burusiya bufite ingabo nyinshi n’ibikoresho mu gihe Ukraine iba imeze nk’iri kwirwanaho ikoresheje ingabo nke n’ibikoresho ihabwa n’ibindi bihugu, ariko nabyo bikaba ari bike cyane ugereranyije n’ibikenewe.

Aba basirikare bavuga ko icyo bifuza ari uko iyi ntambara yahagarikwa cyane ko badafite ubushobozi bwo gukomeza kuyirwana, intego bahuriyeho na Donald Trump witegura kongera kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika, wavuze ko kimwe mu bintu azihutira gushyira mu bikorwa akigera ku butegetsi, ari ukurangiza intambara Ukraine ihanganyemo n’u Burusiya.

Ingabo za Ukraine zagaragaje ko ziri gutsindwa ku rugamba kandi zinaniwe

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .