00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ukraine: Perezida Zelensky yashyize yemera ko ingabo ze ziri muri Belgorod

Yanditswe na Utuje Cedric
Kuya 8 April 2025 saa 01:46
Yasuwe :

Perezida Volodymyr Zelensky wa Ukraine yemeje bwa mbere ko Ingabo z’igihugu cye ziri mu gace ka Belgorod mu Burusiya mu rwego rwo kubungabunga umutekano w’ibice byayo byegereye umupaka.

Zelensky yanatangaje ko Ingabo za Ukraine zikiri mu bice bimwe na bimwe byo mu Ntara ya Kursk zimazemo amezi umunani, ariko Ingabo z’u Burusiya ziri kugenda zisubiza uduce zari zaratakaje nyuma yo gutsindwa.

Ibi byose Perezida Zelensky ku wa 7 Mata 2025, abinyujije mu mashusho yasangije abamukurikira ku mbuga nkoranyambaga, aho yavuze ko ashimira cyane Ingabo za Ukraine kubera raporo yari yahawe n’Umugaba Mukuru w’Ingabo, Oleksandr Syrskyi, ko ziri kwitwara neza ku rugamba.

Ati “Imbere ku rugamba, turacyariyo mu gace ka Kursk ndetse n’ubu tumaze kwinjira mu kandi gace ko mu Burusiya kitwa Belgorod.”

Yavuze ko bagiye gukomeza ibikorwa byo gufata ibice bimwe byegereye umupaka ubahuza n’u Burusiya kugira ngo intambara isubire aho yatangiriye.

Ati “Turakomeza ibikorwa byacu bya gisirikare mu bice by’umwanzi byegereye umupaka ndetse ni ko bigomba kugenda. Intambara igomba gusubira aho yatangiriye.”

Zelensky yasobanuye ko intego nyamukuru yabo ari ukurinda igihugu n’abenegihugu.

Ati “Intego yacu nyamukuru iracyari ya yindi. Ni ukurinda ubutaka bwacu ndetse n’abaturage bo mu duce twa Sumy na Kharkiv, tubarinda Abarusiya.”

Perezida Zelensky yemeje ko Ingabo za Ukraine ziri mu gace ka Belgorod ko mu Burusiya, kegereye umupaka uhuza ibihugu byombi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .