00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ingabo za Amerika zishe umuyobozi wa ISIS

Yanditswe na Jean de Dieu Tuyizere
Kuya 20 December 2024 saa 05:23
Yasuwe :

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika cyatangaje ko kuri uyu wa 19 Ukuboza 2024 cyishe umuyobozi w’umutwe w’iterabwoba wa Islamic State (ISIS), Abu Yusuf alias Mahmud.

Ibiro by’ingabo za Amerika zikorera mu burasirazuba bwo hagati byemeje ko Mahmud yiciwe mu gitero cy’indege cyagabwe mu ntara ya Dayr az Zawr muri Syria; ahahoze ingabo za Syria n’u Burusiya.

Byasobanuye ko iki gitero kiri mu bikorwa bigamije kuburizamo umugambi wa ISIS wo gutegura no gushyira mu bikorwa ibitero ku Banyamerika n’abasirikare ba Amerika ndetse n’abafatanyabikorwa babo mu karere.

Umuyobozi w’ingabo za Amerika zikorera muri aka karere, Gen Michael Erik Kurilla, yagize ati “Nk’uko byavuzwe mbere, Amerika, yifatanyije n’abafatanyabikorwa mu karere, ntabwo izemerera ISIS kwifashisha umwuka uri muri Syria ubu kugira ngo yisuganye.”

Gen Kurilla yasobanuye ko ISIS ifite umugambi wo gutera gereza zo muri Syria, igafunguza abarwanyi bayo barenga 8000 bazifungiwemo, gusa ngo ingabo za Amerika zizawuburizamo.

ISIS ivuzweho kwisuganya nyuma y’aho tariki ya 8 Ukuboza 2024, imitwe yitwaje intwaro ikuyeho ubutegetsi bwa Bashar al Assad butari bushyigikiwe na Amerika n’inshuti zayo.

Gen Kurilla yatangaje ko ISIS ifite umugambi wo kubohora abarwanyi bayo barenga 8000

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .