00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Urujijo ku isubikwa ry’inama yagombaga guhuza abayobozi muri Amerika n’u Burayi

Yanditswe na Tuyishimire Umutesi Celine
Kuya 27 February 2025 saa 09:09
Yasuwe :

Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio, yasubitse ku munota wa nyuma inama yari kumuhuza n’ Umuyobozi ushinzwe Ububanyi n’Amahanga n’Umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), Kaja Kallas bitewe na gahunda y’akazi kenshi yagize.

Ibi byatangajwe n’Umuvugizi we wabwiye Euronews ko inama yagombaga guhuza abo bayobozi itakibaye cyane ko bahuriye mu nama yiga ku mutekano yabereye i Munich iherutse kuba.

Yagize ati “Ntabwo azahura n’ Umuyobozi ushinzwe Politiki Mpuzamahanga mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi kubera gahunda nyinshi afite, ariko banahuriye mu nama yiga ku mutekano yabereye i Munich.”

Kallas uri mu ruzinduko muri Amerika, biteganyijwe ko azahura n’abasenateri n’abadepite muri icyo gihugu kugira ngo baganire ku bibazo birimo intambara ya Ukraine.

Ibihugu byo muri EU byagiye bigaragaza ko ibiganiro bigamije guhosha intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya biri gukorwa hagati ya Amerika n’u Burusiya nta musaruro bizatanga mu gihe Ukraine cyangwa ibihugu byo muri EU bitabirimo.

Kallas kandi aherutse kunenga uburyo Perezida wa Amerika, Donald Trump, ari gukemura iki kibazo cya Ukraine n’u Burusiya, avuga ko abogamira u Burusiya ndetse ko ibibazo abikemura mu nyungu z’u Burusiya.

Yaherukaga kandi kugaragaza ko ibiganiro biganisha ku masezerano aganisha ku guhosha intambara hagati ya Ukraine n’u Burusiya, byari bikwiye kwitabirwa n’u Burayi ndetse n’Amerika muri rusange.

Umuyobozi ushinzwe Ububanyi n'Amahanga n'Umutekano mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi(EU), Kaja Kallas, yakunze kunenga uburyo Amerika iri gukemuramo ikibazo cy'intambara y'u Burusiya na Ukraine, u Burayi budatumiwemo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .