00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Imisoro ya Trump izacumbagiza ubukungu bwa Amerika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 7 April 2025 saa 02:50
Yasuwe :

Ubushakashatsi bwa Banki ya Goldman Sachs bwagaragaje ko mu mezi 12 ari imbere, ibyago by’uko ubukungu bwa Amerika bwasubira inyuma (bukazamuka ku kigero kiri munsi ya 0%) byazamutse, aho biri ku mpuzandengo ya 45% bivuye kuri 35%, ibi bikaba byaragizwemo uruhare n’icyemezo cyo kongera imisiro ku bicuruzwa byose bituruka mu mahanga giherutse gufatwa na Perezida Donald Trump.

Iyi banki yari yarateganyije ko ubukungu bwa Amerika buzazamuka ku kigero cya 1%, mu gihe ibyago by’uko bwahungabana, bukaba bwanamanuka aho kuzamuka (recession), byari kuri 35%.

Gusa kubera iyi misoro, iyi banki iteganya ko ubukungu bwa Amerika butazazamuka kuri iki kigero, ahubwo ko buzazamuka ku kigero cya 0.5%, ibi nabyo bikaba bishobora kutagerwaho bitewe n’uko abashoramari batereye icyizere ubu bukungu, bityo bakaba barabaye babitse amafaranga yabo aho kuyashobora ngo abyare umusaruro.

Amerika yashyizeho umusoro ku bicuruzwa byose byinjira muri icyo gihugu, bigomba kujya byishyura 10% by’umusoro, hatitawe ku ngano yabyo. U Burayi bwashyiriweho umusoro wa 20%, u Bushinwa bushyirirwaho uwa 34% ndetse bunavuga ko buzihorera nabwo bukongera umusoro ku bicuruzwa bituruka muri Amerika.

Ibi byemezo bizatangira gushyirwa mu bikorwa ku itariki ya 9 Mata, aho Goldman Sachs ivuga ko yiteze ko bimwe mu bihugu biri kuganira na Amerika, bizagabanyirizwa imisoro bisabwa. Icyakora ngo mu gihe bitagenda gutyo, nta kabuza ko ubukungu bw’iki gihugu bwasubira inyuma.

Imisoro iherutse gushyirwaho na Amerika izasubiza inyuma ubukungu bw'icyo gihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .