00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abateguye igitaramo Maître Gims yashakaga gukorera i Paris ku munsi wo gutangiza Icyunamo bagihagaritse

Yanditswe na IGIHE
Kuya 27 March 2025 saa 10:37
Yasuwe :

Abashinzwe gutegura igitaramo cy’umuhanzi Maître Gims ukomoka muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo batangaje ko igitaramo bari bateguye ku wa 7 Mata, cyari cyahujwe n’umunsi wo gutangira icyunamo cyo kwibuka ku nshuro ya 31 Abatutsi bazize Jenoside, cyasubitswe.

Ni itangazo basohoye ku wa 27 Werurwe 2025, nyuma y’uko Polisi yo mu Bufaransa yari yategetse ko igitaramo cyiswe ‘Solidarité Congo’ cyashyizwe ku munsi mpuzamahanga wo kuzirikana Jenoside yakorewe Abatutsi cyimurwa.

Itangazo ryasohowe n’abategura igitaramo rigira riti “iki si icyemezo cyacu, twabitegetswe n’ubuyobozi nubwo twe twari twagerageje gukora mu bwubahane, amahoro dushyize hamwe.”

Nubwo iki gitaramo bagihaye isura yo gushaka gufasha abana bababaye bo mu burasirazuba bwa RDC, cyagombaga kuririmbamo abahanzi bashyigikiye imvugo z’urwango ku Batutsi bo mu Burasirazuba bwa Congo ndetse n’ingengabitekerezo ya Jenoside.

Maître Gims wahimbye indirimo agashyiramo amagambo atuka Perezida Kagame, yari kuzaririmbana na Youssoupha na we wahisemo inzira yo guharabika u Rwanda.

Abanyarwanda n’abandi barwanya ipfobya n’ihakana rya Jenoside barwanyije itariki iki gitaramo cyashyizweho bahamya ko ari uburyo bwo guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Tariki 7 Mata buri mwaka ni umunsi mpuzamahanga wahariwe kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, aho umuryango mpuzamahanga wifatanya n’u Rwanda mu kuzirikana Abatutsi barenga miliyoni bishwe, hakanafatwa ingamba zo gukumira ngo itazongera kubaho ukundi.

Mu 2019, hasohotse iteka mu Bufaransa rigena ko tariki 7 Mata igihugu n’Umujyi wa Paris byifatanya n’Abanyarwanda mu kunamira inzirakarengane zazize Jenoside yakorewe Abatutsi.

Kwibuka byashyizwemo imbaraga mu Bufaransa ndetse mu Mujyi wa Rouen mu Ntara ya Normandie kuwa 13 Mata 2024 hafungurwa Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi nk’imwe mu nzira yo gushyigikira ko Jenoside itazongera ukundi.

Itsinda ritegura igitaramo cya Maître Gims ryavuze ko rizatangaza tariki cyimuriweho nyuma

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .