Harry afite umuryango uzwi nka ’Invictus Games Foundation’ ufasha abamugariye ku rugamba, aho utegura imikino igamije kubafasha kwishima ndetse no gukusanya inkunga yo kubafasha mu buzima bwa buri munsi.
Uyu mugabo yatangije uyu muryango muri Ukraine mu 2014, aho ufite ibikorwa bitandukanye. Bivugwa ko muri uru rugendo rwe rwagizwe ibanga, yasuye aho abasirikare bakomerekeye ku rugamba ku ruhande rwa Ukraine bari kuvurirwa, aganira n’abarwanyi ndetse n’abaganga.
Uyu mugabo kandi yasezeranyije ko uru rugendo azarusubiramo, ati "Uru ni urugendo rwanjye rwa mbere muri Ukraine ariko ntabwo ruzaba urwa nyuma."

TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!