00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igikomangoma Andrew yasohowe mu Ngoro ya Buckingham

Yanditswe na Mukahirwa Diane
Kuya 29 Mutarama 2023 saa 10:25
Yasuwe :

Igikomangoma Andrew yirukanwe mu Ngoro ya Buckingham, isanzwe ituyemo umuryango w’Ubwami bw’u Bwongereza akaba atemerewe kongera kuhatura no kuba yahagira ibiro.

Mu Ukuboza 2022, ni bwo Umwami w’u Bwongereza, Charles III, yatangaje ko murumuna we Andrew atemerewe kongera gutura muri iyi ngoro no kwitabira imwe mu mihango y’ibwami kubera ibyaha byo gufata ku ngufu akurikiranyweho.

Muri Gashyantare y’umwaka ushize, Andrew yishyuye Ikigo cy’Abanyamerika ngo kizamukureho icyaha ashinjwa gifitanye isano n’ibirego aregwa na Virginia Giuffre umushinja kuba yaramufashe ku ngufu, kigaragaze ko uyu mugore yamuharabitse.

Guiffre ubu ufite imyaka 39, mu mwaka ushize yatanze ikirego i New York cy’uko yasambanyijwe ku gahato inshuro ebyiri n’Igikomangoma Andrew wari inshuti ya hafi ya Jeffrey Epstein wahamijwe kugira uruhare mu bikorwa byo gushora abana b’abakobwa bakiri bato mu mibonano mpuzabitsina, afatanyije na Ghislaine Maxwell wari umukunzi we.

Umwami Charles III yavuze ko Buckingham nta mwanya Andrew ahafite ndetse mu mwaka ushize ni bwo ibiro bye byafunzwe. Ubu ari kubana n’uwahoze ari umugore we Sarah Ferguson muri Windsor Great Park.

Igikomangoma Andrew ni umwana wa Gatatu w’Umwamikazi Elizabeth II w’u Bwongereza [watanze], akaba ari umuhungu we wa kabiri.

Igikomangoma Andrew yasohowe mu Ngoro ya Buckingham
Igikomangoma Andrew ari kumwe na Virginia Guiffre mu 2001 ndetse na Ghislaine Maxwell ushinjwa gufatanya na Epstein gucuruza abana b'abakobwa
Umwami w’u Bwongereza, Charles III, yirukanye Igikomangoma Andrew mu Ngoro ya Buckingham mu Ukuboza 2022

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .