00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abo mu bihugu 43 bagiye gukumirwa kujya muri Amerika

Yanditswe na IGIHE
Kuya 15 March 2025 saa 02:10
Yasuwe :

Perezida Donald Trump yatangaje ko ateganya gukumira abaturage bo mu bihugu 43 kujya muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika barimo n’abo mu Burusiya no muri Belarus, agaragaza ko ibyo bihugu nibidakemura ibibazo bafitanye na Amerika mu minsi itarenze 60, bizaguma kuri urwo rutonde.

Mu bagomba gukumirwa bikomeye ni abo mu Burusiya n’izindi nshuti za Moscow zose ndetse ziri guteganyirizwa ibihano bitandukanye.

Trump ari guteganya uwo mugambi mu gihe akataje mu biganiro bigamije guhagarika intambara ya Ukraine n’u Burusiya, aho uyu muyobozi w’i Washington agaragaza ko mu gihe ibiganiro byaba bidakunze hashobora gututumba intambara y’Isi ya Gatatu.

Ibyo bihugu bishobora gukumirwa gutemberera muri Amerika bigabanyije mu matsinda atatu aho rimwe rigizwe n’abazakomanyirizwa burundu n’abazabuzwa kujya muri Amerika by’agategenyo.

Ibihugu byinshi ni ibyo mu Burasirazuba bwo Hagati na Afurika, mu gihe Afghanistan, Cuba, Iran na Koreya ya Ruguru biri mu bihugu 11 bigomba gufatirwa ibihano bikakaye kurusha ibindi.

Mu itsinda rya kabiri harimo ibihugu 10 bishobora gukomanyirizwa by’agateganyo harimo nko kwimwa visa ku bajya kwiga muri Amerika, abakora ubukerarugendo n’ibindi.

Itsinda rya gatatu rigizwe n’ibihugu 22 bishobora kwimwa visa ya Amerika by’agateganyo mu gihe byanze guhanagura ibyasha Amerika ibabonaho mu minsi 60.

Umwe mu bayobozi ba Amerika yatangaje ko urwo rutonde rushobora guhinduka ari yo mpamvu hategerejwe ko rwemezwa n’abarimo Umunyamabanga wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika ushinzwe Ububanyi n’Amahanga, Marco Rubio.

Donald Trump agiye gukumira abaturage bo mu bihugu 43 kwinjira muri Amerika

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .