00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Abanyamakuru ba ‘Associated Press’ babujijwe kongera gusunutsa amazuru muri ‘White House’

Yanditswe na Kangabe Nadia
Kuya 15 February 2025 saa 03:41
Yasuwe :

Abanyamakuru b’Ibiro Ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) bakumiriwe mu biro bya Perezida wa Amerika ‘White House’ ndetse no mu ndege ya Air Force One, kubera gukomeza kwita Ikigobe cya Mexique iryo zina nyamara Perezida Donald Trump yarategetse ko cyitwa Ikigobe cya Amerika.

Ku wa 14 Gashyantare 2025 nibwo White House ikoresheje urubuga rwa X, yatangaje ko Ibiro ntaramakuru by’Abanyamerika (AP) byafatiwe igihano cyo kutazongera gukandagira mu biro by’umukuru w’igihugu.

Iri tangazo rikomeza rivuga ko abanyamakuru b’ibi biro ntaramakuru batemerewe no kongera gukandagiza ikirenge mu ndenge ya Air Force One bagiye gutara amakuru

Gusa nubwo AP yakumiriwe muri White House kugeza igihe kitaramenyekana, abayifatira amafoto bemerewe kujyayo.

Mu kwezi gushize, Perezida Donald Trump yavuze ko guverinoma ya Amerika izahindura izina ry’Ikigobe cya Mexique ikacyita “Ikigobe cya Amerika” ndetse bitangira gukurikizwa mu bigo bya leta, gusa mu bindi bihugu ntabwo bigeze bakoresha iyi nyito.

AP yakumiriwe muri White House, yari isanzwe iri mu binyamakuru bikorana bya hafi n’ibiro by’Umukuru w’Igihugu ndetse yanajyanaga na Perezida aho agiye hose ari nako iha amakuru ibindi bitangazamakuru.

AP yari ifitanye amateka akomeye n’ibi biro bya Perezida wa Amerika dore ko batangiye gukorana kuva mu 1881.

Amerika yahagaritse AP kongera gukandagiza ikirenge muri White House

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .