00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihumbi by’Abanya-Iran byabukereye mu gusezera bwa nyuma kuri Perezida Raisi

Yanditswe na Igizeneza Jean Désiré
Kuya 22 May 2024 saa 10:54
Yasuwe :

Mu masaha ya mu gitondo cyo kuri uyu wa 22 Gicurasi 2024, ibihumbi by’Abanya-Iran babyukiye mu Murwa Mukuru, Tehran baje gusezera bwa nyuma ku wari perezida w’iki gihugu, Ebrahim Raisi waguye mu mpanuka ya kajugujugu mu minsi ishize.

Ku wa 19 ni bwo hamenyekanye amakuru ko Raisi w’imyaka 63 yaguye mu mpanuka ya kajugujugu, ubwo yari kumwe na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Hossein Amir-Abdollahian n’abandi bayobozi bakuru b’igihugu batandatu ba Iran.

Ni indege yaguye mu bice by’icyaro cyo mu misozi yo mu Ntara y’Uburasirazuba bwa Azerbaijan.

Biteganyijwe ko umuhango wo gusezera kuri Raisi uratangizwa n’Umuyobozi w’ikirenga muri Iran, Ayatollah Ali Khamenei.

Amasengesho yo kumusezeraho arabera i Tehran imbere y’isanduku irimo umurambo w’uyu muyobozi iraba ipfukishijwe ibendera ry’igihugu, ahazwi nka ’Azadi Square’ hagenewe guhurira abantu benshi.

Ubuyobozi bwa Iran bwabujije abaturage bose kutigera na rimwe bagerageza ibijyanye n’imyigaragambyo cyangwa ngo bagire amagambo mabi y’ibitutsi bashyira ku mbuga nkoranyambaga.

Mu mujyi hose abaturage bashyizemo ibitambaro byanditseho amagambo aha icyubahiro Perezida Raisi, bakavuga ko yahowe akazi ke n’andi menshi.

AFP yanditse ko abaturage benshi bakiriye ubutumwa ko nta n’usigaye abaturage bose bagomba kujya guherekeza uyu muyobozi wabo bakundaga cyane.

Ni umuhango kandi biteganyijwe ko uritabirwa n’abayobozi batandukanye bo mu bihugu by’inshuti za Iran.

Biteganyijwe ko nyuma yo kumusezeraho, Umurambo wa Raisi urajyanwa mu Ntara ya Khorasan y’Amajyepfo mbere ko kujyanwa mu rugo rwe ruherereye mu Mujyi wa Mashhad uherereye mu Majyaruguru y’Uburasirazuba bwa Iran.

Biteganyijwe kandi ko azashyingurwa ku mugoroba wo ku wa 23 Gicurasi 2024 muri uwo mujyi. Kugeza ubu hashyizweho icyunamo cy’iminsi itanu mu gihugu hose cyo kumuzirikana no kwibuka ubuzima bwe.


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .