00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu bitandatu by’u Burayi byemeye kohereza Ingabo muri Ukraine

Yanditswe na IGIHE
Kuya 12 April 2025 saa 08:15
Yasuwe :

Ibihugu bitandatu byo ku mugabane w’u Burayi, byemeje ko bigiye kohereza Ingabo muri Ukraine mu gihe intambara ikomeje hagati y’u Burusiya na Ukraine.

Aya makuru yagiye hanze nyuma y’Inama y’Abaminisitiri b’Ingabo bo mu bihugu by’u Burayi yabaye ku wa Kane w’iki Cyumweru. Ibihugu 30 bigize Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi na NATO, byananiwe kumvikana ku kohereza Ingabo muri Ukraine. Icyo ibihugu bitumvikanaho ni intego n’uburyo ubwo butumwa buzashyirwa mu bikorwa.

Kugeza ubu, ibihugu birimo u Bwongereza, u Bufaransa, Estonia, Latvia na Lithuania biri mu byemeje ko bizohereza ingabo muri Ukraine. Urutonde rw’ibyo bihugu byose ukora ari bitandatu ntabwo rwigeze rutangazwa.

U Bwongereza bwakunze kuvuga ko bufite gahunda yo kohereza ingabo muri Ukraine, aho buvuga ko zafasha mu kugarura amahoro hagati ya Ukraine n’u Burusiya.

Ibihugu bitandatu byo ku mugabane w'u Burayi byemeje ko bigiye kohereza Ingabo muri Ukraine

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .