00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu bitandatu by’i Burayi byashyigikiye umugambi wa Ukraine wo kwinjira muri OTAN

Yanditswe na Nshimiyimana Jean Baptiste
Kuya 13 December 2024 saa 07:27
Yasuwe :

Ibihugu bitandatu byo mu Muryango w’Ubutabarane w’ibihugu by’i Burayi na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, OTAN byasohoye itangazo rihuriweho byemeza ko bishyikigiye umugambi wa Ukraine wo kwinjira muri uyu muryango, ndetse ko bishyigikiye gahunda ya Perezida Zelensky igamije guhagarika intambara.

Ba Minisitiri b’Ububanyi n’Amahanga b’u Bwongereza, u Bufaransa, Espagne, u Budage, u Butaliyani na Pologne basinye itangazo rishyigikira ko Ukraine iba umunyamuryango wa OTAN, nyuma yo guhurira na mugenzi wabo wa Ukraine mu Budage kuri uyu wa Kane.

Banagaragaje ko bashyigikiye gahunda ya Ukraine y’amahoro irimo no gusaba u Burusiya kubahiriza ubusugire bw’igihugu n’imbibi z’igihugu uko zari zimeze mu 1991.

Itangazo basohoye rigira riti “twongeye kwizeza ko dushyigikiye gahunda y’amahoro ya Perezida Zelensky nk’inzira nyakuri kandi yizewe yageza ku mahoro arambye.”

Ibi bihugu kandi byarahiriye gushyigikira Ukraine mu rugendo rwo kwinjira mu miryango y’i Burayi no muri OTAN, hamwe no kugira uburenganzira mu Muryango w’Ubumwe bw’u Burayi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga wa Ukraine, Andrey Sibiga, yashimye ibi bihugu na EU ku biganiro bagiranye n’uburyo bagaragaza icyizere cyo gutera intambwe zifatika ziganisha ku iterambere.

Russia Television yanditse ko u Burusiya busaba Ukraine guhagarika umugambi wo kwinjira muri OTAN, igakomeza kuba igihugu kitagira uwo kibogamiyeho.

Perezida Vladimir Putin yakunze kugaragaza ko uko gushaka kwagura imbibi za OTAN berekeza mu burasirazuba ari byo ntandaro y’intambara igiye kumara imyaka itatu muri Ukraine.

Ba Minisitiri b'Ububannyi n'Amahanga b'ibihugu bitandatu bemeje ko bashyigikiye ko Ukraine yinjira muri OTAN

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .