00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibihugu birenga 70 birifuza ibiganiro na Amerika bigamije kugabanyirizwa imisoro

Yanditswe na Umwali Zhuri
Kuya 9 April 2025 saa 08:51
Yasuwe :

Nyuma y’uko Perezida Donald Trump wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika yongereye imisoro ku bihugu bitandukanye hirya no hino ku Isi, kuri ibi byinshi muri ibyo bihugu biri kwifuza kuganira na Amerika, kugira ngo birebe uburyo byakumvikana nayo, bikaba byagabanyirizwa imisoro icibwa ibicuruzwa byinjira muri Amerika.

Ibihugu byinshi byashyiriweho imisoro iri hagati ya 15% na 29%, uretse ko hari n’ibindi byashyiriweho igera kuri 40% no kuzamura. U Bushinwa buza imbere kuko ibicuruzwa bituruka muri icyo gihugu byinjira muri Amerika, bizajya bisora umusoro wa 104%.

Ibihugu byinshi byahise bitangira gusaba kuganira na Amerika kugira ngo inzitizi zihari zishakirwe ibisubizo, ariko imisoro yakwa ibicuruzwa byinjira muri Amerika igabanuke. Mu 2024, Amerika yari iyoboye ibindi bihugu mu kwakira ibicuruzwa na serivisi byinshi byaturutse mu mahanga, bifite agaciro karenga miliyari ibihumbi 4,4$.

Iri soko ryagutse gutya niryo ibihugu byinshi bidashaka gutakaza kuko izamurwa ry’imisoro ryatuma kwinjiza ibicuruzwa muri Amerika bigorana. Ibihugu nk’u Buyapani byamaze kwemererwa ibiganiro, ibindi nka Koreya y’Epfo nabyo biri kwitegura kohereza itsinda rigari muri Amerika mu biganiro.

Vietnam yemeye gukuraho imisoro yakwa ibicuruzwa byose bituruka muri Amerika byinjira muri icyo gihugu, ariko ntirahabwa igisubizo na Amerika. Ibicuruzwa byinjira muri Amerika bivuye muri Vietnam byashyiriweho umusoro wa 46%.

Ibihugu birenga 70 birifuza ibiganiro na Amerika bigamije kugabanyirizwa imisoro

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .