00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibiganiro byo kwihuza kwa Honda na Nissan byahagaritswe intego yabyo itagezweho

Yanditswe na Mugisha Christian
Kuya 13 February 2025 saa 11:46
Yasuwe :

Sosiyete z’imodoka zo mu Buyapani, Honda na Nissan, zahagaritse ibiganiro byari bigamije kuzihuza, aho byari biteganyijwe ko zivamo imwe ifite agaciro ka miliyari 60 z’Amadolari ya Amerika.

Iyo izi sosiyete zombi zihuza zari kuzabyara iya kane ikomeye ku Isi mu rwego rw’inganda z’imodoka.

Ibi biganiro byazambijwe n’ukutumvikana ku ngingo zitandukanye, zirimo icyifuzo cya Honda cyo guhindura Nissan ishami ryayo aho kwihuza.

Magingo aya Honda ibarirwa agaciro ka miliyari 48,6 z’Amadorali ya Amerika, kakaba kikubye hafi inshuro eshanu agaciro ka Nissan.

Igitekerezo cyo kwihuza cyari cyarashingiwe ku guhuza imbaraga mu kubaka ubushobozi bwo guhangana ku isoko ry’imodoka zikoresha amashanyarazi, cyane cyane guhangana n’inganda z’Abashinwa.

Nissan, imaze imyaka ihura n’ibibazo cyane mu miyoborere yayo, kuva mu 2018 ubwo uwari Umuyobozi Mukuru, Carlos Ghosn, yafungwaga, ubu ikaba igeze aharindimuka.

Nissan ikomeje gahunda yayo yo gushaka uko yaguma ku isoko hashingiwe ku bushobozi bwayo, aho hari gahunda yo kugabanya abakozi 9.000 no kugabanya gukora imodoka ku rugero rwa 20%.

Nubwo ibiganiro hagati ya Nissan na Honda byahagaze, bemeranyijwe gukomeza gukorana ku mushinga w’imodoka z’amashanyarazi.

Ubwo amakuru y’ibiganiro bigamije kwihuza kw’izi sosiyete yajyaga hanze, mu Ukuboza 2024, byatumye agaciro k’imigabane ya Nissan kazamuka ku rugero rwa 60%, ak’iya Honda kazamukaho 26% icyo gihe.

Ibiganiro byo kwihuza kwa Honda na Nissan byahagaritswe intego yabyo itagezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .