00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Haraba ibyaherukaga mu myaka 40: Ibyo wamenya ku irahira rya Perezida Trump (Video)

Yanditswe na IGIHE
Kuya 20 January 2025 saa 01:13
Yasuwe :

Tariki 20 Mutarama 2025, ni Umunsi ukomeye. Ni wo munsi wa kabiri w’uyu mwaka ushobora kuba utegerezanyijwe amatsiko na benshi nyuma ya tariki ya 1 Mutarama, twizihirijeho Ubunani.

Kuri uyu munsi nibwo Donald Trump benshi mwihebeye kubera kutavugirwamo no kutaripfana, abandi mukamwanga urunuka, arahirira kuyobora Leta Zunze Ubumwe za Amerika nka Perezida wa 47 w’iki gihugu.

Ni umunsi ukomeye ku Banyamerika ariko by’umwihariko no ku bandi baturage b’Isi, kuko ibyemezo bifatwa n’iki gihugu bigira ingaruka ku bari mu bilometero ibihumbi uvuye i Washington D.C.

Ni umuhango uzatangizwa n’amasengesho azabera mu rusengero rwitiriwe mutagatifu Yohana i Washington D.C. Nyuma y’aho bake b’ingezi bazangira icyayi muri White House.

Biteganyijwe ko Trump azarahizwa na Perezida w’Urukiko rw’Ikirenga, John Roberts saa Sita z’amanywa i Washington D.C. mu Rwanda tuzaba turi saa Moya z’umugoroba, benshi mwavuye mu kazi.

Reba iyi video, umenye byinshi kuri uyu munsi


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .